Banki y’Isi yemeye gutera inkunga miliyari 140 Frw mu guteza imbere ubwikorezi bwa kijyambere mu Rwanda

                                zimwe mu modoka zirigufasha URwanda 


Banki y’Isi binyuze mu Nama y’Ubutegetsi yemeje gutanga inkunga ya miliyoni 100$ (asaga miliyari 144 Frw) mu mushinga wo kuvugurura ubwikorezi mu Mujyi wa Kigali uzwi nka Rwanda Urban Mobility Improvement (RUMI).

Uyu mushinga ugamije guteza imbere uburyo bw’ubwikorezi burambye, butangiza ibidukikije kandi bubereye buri wese. Uzafasha kongera amahirwe y’imirimo ndetse no koroshya uburyo bwo kugera ku serivisi zitandukanye mu mujyi.

Inkunga izatangwa binyuze mu Ihuriro Mpuzamahanga ry’Iterambere (IDA), ishami rya Banki y’Isi ryita ku gufasha ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.

Ibikorwa by’ingenzi birimo gushyiraho umuhanda wihariye wa bisi, kwagura inzira z’abanyamaguru n’abanyamagare, gukoresha bisi zikoresha amashanyarazi, kubaka sitasiyo zo kuzuza amashanyarazi kuri izo bisi, kugabanya umuvundo w’imodoka no kuvugurura Gare ya Nyabugogo.

Umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Bwana Sahr Kpundeh, yavuze ko uyu mushinga uzafasha by’umwihariko abagore n’urubyiruko kubona imirimo no kugera kuri serivisi zoroshye mu mujyi wa Kigali.

Ati: “Uyu mushinga uzafasha Kigali kugera ku ntego yo kugira ubwikorezi bwiza, butekanye kandi burengera ibidukikije. Hagamijwe gutuma abantu bose bashobora kugenda neza kandi ntawe uhejwe.”

RUMI kandi izafasha guhangana n’ingaruka z’ihindagurika ry’ibihe nka imyuzure ikunze kuzahaza Gare ya Nyabugogo, bityo ubwikorezi bukazakomeza gukorwa nta nkomyi.

Mu myaka iri imbere, bisi z’amashanyarazi zizafasha kugabanya imyuka yanduye yoherezwa mu kirere mu rwego rwo kugera ku ntego yo kugabanya imyuka yangiza ikirere byibura ku kigero cya 38% bitarenze 2030.

 

tanga igitekerezo

Previous Post Next Post