Papa francias umushumba wa kiriziya katorike yapfuye ku munsi wa pasika



Kuri uyu  wambere tariki 21 mata 2025 mu masaha yamugitondo saa moya nigice ( 7:30) nibwo papa francis umutware witorero gatorike kwisi yitabye Imana  ku myaka 88 yuma yigihe kinini urwaye akaba yamfiriye  aho yaratuye muri Domus sanctae marthae i vatican.

Amwe mu mateka ya papa francis 

papa  francis amazinaye bwite  jorge Mario Bergoglio yavukiye  i Buenos Aires muri Argentine tariki ya 17 ukuboza 1936 . yari umukirisuti wa kiliziya gatolika  w'umujesuite, akaba ari  nawe wabaye papa wa mbere ukomoka muri A merika y'epfo ndetse n'umujesuite wu mupapa wambere mu mateka yakiriziya.

yatoranyijwe nka papa  ku italiki ya 13 werurwe 2013 , asimbuye papa benedidito wa 16wari usize ubuyobozi ku bushake bwe. ubuyobozi bwe bumaze imyaka 12 akaba yarazanye umwuka mushya mu itorero gatolika binyuze mu guharanira impinduka ,uburenganzara bwa muntu, no gushira imbere abakene n'abatagira kivurira.

papa francis azibukwa nku muyobozi w'itorero waciye bugufi ,wakunze kwibanda ku baturage babakene yaharaniraga kurengera ibidukikije ,uburenganzira kwita ku bantu bose  by'umwihariko abirabura ,abimukira ,n'abandi basuzugurwaga na bubuzwaga uburenganzira bwabo.yari anazwiho kugira umuka wo kunga ubumwe , aho yakunze gukorana  n'abayobozi b'amadini atandukanye , arwanya ruswa ,akanamagana ihohoterwa rishingiye ku gitsina  ryagaragara muri kiliziya no hanze yayo ndetse yaragwaga  kwigisha ijambo ryimana  aho yabaga ari hose.

Indwara n'urupfu bya papa francis

Mu mezi yashize papa francis yari aryaye bikomeye by'umwihariko umusonga ukabije (double pneumonia). nizindi ndwara zubuhumekero yari amaze igihe kinini  mu bitaro bya Gemelli i roma ariko nyuma aza kwemererwa gusubira iwe . urupfu rwe rwamenyekanye  ku mugaragaro saa 9:45 za mugitondo  ryatangajwe na karidinari kevin farrell mu rwego rwa kiriziya gatorika vatikani.

ibyatangajwe na kiliziya vatikani bi jyanye no kumusezeraho

kiliziya vatikan yatangaje ko ibiriro  byo kumusezeraho bizakorwa mu buryo bworoshye nk'uko yari yarabisabye. azashyingurwa  mu rusengero rwa Santa Maria maggiore i Roma. nyuma  y'urupfu rwe hatangiye igihe cya sede vacante, aho kiliziya igihe gutegura inama y'abakaridinali izatorwamo papa mushya hagati ya taliki 6 na 11 gicurasi 2025.

Isiyose mukababaro  na gahinda

Abayobozi b'ibihugu n'amadini hirya no hino mwisi  bagaragaje agahinga n'icyubahiro kiri papa francis . umwami Charles wa III yavuze  ko "papa francis yari intangarugero mu kugaragaza urukundo  amahoro n'ukuri ku bantu bose  komisiyo y'uburayi  n'andi madini mpuzamahanga na yo yunze mu ry'abandi  mu gushimira umurage yasize . papa francis yasize inkuru yo kwicisha bugufi no guharanira amahoro nurukundo kwisi .

tanga igitekerezo

Previous Post Next Post