Kuri uyu wa
Gatandatu, ikipe ya Police Handball Club yanditse amateka mashya mu mukino wa
Handball mu Rwanda nyuma yo kwegukana igikombe cya shampiyona y'umwaka wa
2024-2025, itsinze APR HC imikino itatu ku busa (3-0) muri kamarampaka
(playoffs).
Ni igikombe cya
10 cya shampiyona Police HC yegukanye, icyaherukaga mu mwaka wa 2021, bityo
ishimangira ubukaka bwayo nk’imwe mu makipe akomeye mu mateka y’uyu mukino mu
Rwanda.
Uko umukino wa
nyuma wagenze
Umukino wa gatatu
wa kamarampaka wabereye kuri Petit Stade i Remera guhera saa kumi z’igicamunsi,
ukaba wari umukino wa "do or die" kuri Police HC, aho gutsinda
byayiheshaga igikombe, naho gutsindwa bikongerera amahirwe APR HC yo gukomeza
umukino wa kane.
Nubwo Police HC yakinnye idafite abakinnyi bane bakomeye
barimo:
.Nshimiyimana Alexis (umunyezamu)
.Umuhire Yves
.Rwamanywa Viateur
.Uwimana Jackson
bose bamaze gusinyira APR HC, ntibyabayibujije kugaragaza
imbaraga, ubwitange n’ubuhanga buhanitse.
Abakinnyi nka Mbesutunguwe Samuel na Kubwimana bafashije
Police HC kuyobora umukino kuva ugitangira kugeza urangira. Igice cya mbere
cyarangiye Police HC iyoboye n'ibitego 18-13, bikomeza no mu gice cya kabiri
cyarangiye itsinze bigaragaza ko bari biteguye neza.
Nubwo bamwe mu bakinnyi bayo b’ingenzi bari batakaje, Police HC yagaragaje ubujyanama bw’abatoza, ubwitange bw’abasigaye ndetse n’ukwiyemeza gukomeye kw’abakinnyi bose. Kwegukana iki gikombe byabaye igisubizo gikomeye ku bakemangaga ko bashobora guhatana nyuma yo gutakaza abakinnyi.
Police HC yahise inahesha abafana bayo ishema, ikanatanga
ubutumwa bukomeye ko ari ikipe ifite ubunararibonye n’ubushobozi bwo guhangana
no mu bihe bigoye.
Post a Comment