Real Madrid na Al-Hilal zanganyije 1-1 i Miami mu mukino wa mbere wa Group H



Ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne na Al-Hilal yo muri Saudi Arabia zanganyije igitego 1-1 mu mukino wa Group H wabaye i Miami, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gutangiza irushanwa rya FIFA Club World Cup 2025.

Gonzalo Garcia ni we wafunguye amazamu ku ruhande rwa Real Madrid, atsinda igitego cya mbere cy'umukino. Ariko nyuma y’iminota mike, Rúben Neves yishyuriye Al-Hilal ku penaliti, bituma igice cya mbere kirangira amakipe yombi anganya.

Mu minota ya nyuma y’umukino, Real Madrid yabonye amahirwe yo gutsinda igitego cya kabiri ubwo yahawe penaliti, ariko Fede Valverde ntiyayibyaza umusaruro kuko Yassine Bounou (umunyezamu wa Al-Hilal) yakoze uburindankuba ayikuramo, ashyira abafana be mu byishimo.

Uyu mukino wari umwihariko ku mutoza mushya wa Real Madrid, Xabi Alonso, wakinaga umukino we wa mbere ayoboye iyi kipe. Yahaye amahirwe abakinnyi bashya barimo Trent Alexander-Arnold na Dean Huijsen bakina bwa mbere muri Madrid.

Umukinnyi witezwe cyane, Kylian Mbappé, ntiyakinnye uyu mukino kubera uburwayi.

 


tanga igitekerezo

Previous Post Next Post

Dukurikire kuri WhatsApp

Bona amakuru mashya kuri WhatsApp.

Dukurikire