IMF iratanga impuruza imisoro ya trump ishobora guteza ikibazo ku bukungu bw'isi



Muri raporo  shya yasohowe n'ikigega  Mpuzamahanga cy'a IMF kuri  uyu wa kabiri taliki ya 22 mata 2025 hagaragajwe ko ubukungu  bw'America buzahungabanya cyane  n'ingaruka z'amatagisi yashyizweho na perezida Donald Trump . IMF yagabanyije igipimo cy'izamuka   ry'ubukungu bw'isi muri rusange,ikigereranyo  cy'izamuka ry'ubukungu bw' America  igera kur 1.8 % muri 2025 . 

Ingaruka z'amatagisi ya trump ku bukungu

IMF ivuga ko amatagisi  mashya yashyizweho na trump  yateje igihombo gikomeye ku bukungu bw'isi  aho yateje igabanuka ry'ishoramari n'izamuka ry'ibiciro . ibi byatumye ibigio by'imari nimigabane  bikaza ingamba  zo gutanga  inguzanyo, bikaba ibyago  by'ihungabana ry'ubujungu . 

Ingaruka  k'ubihugu n'ubukungu bw'isi

Ubukungu bw'isi muri rusange  bwitezweho kuzamuka ku gipimo  cya 2.8% muri 2025,kikaba ari igipimo gito cyane ugereranyije n'imyaka ishize. Ibihugu  bikiri munzira y'amajyambere nk'u Rwanda bishobora guhura n'ingaruka ikomeye  kubere igabanuka ry'inkunga mpuzamahanga n'izamuka ry'ibiciro mpuzamahanga kw'isoko.

Icyifuzo cya IMF n'ibindi

IMF isaba ubufatanye mpuzamahanga  mu gukemura amakimbirane y'ubucuruzi  no gusubizaho imyenda y'ibihugu bikennye.Ibi  bigamije kugabanya  ingaruka z'amatagisi (imisoro) ya trump ku bukungu  bw'isi no kubindi  bihugu  bikiri munzira  y'amajyambere


tanga igitekerezo

Previous Post Next Post