Leta y’u
Bwongereza yatangaje ko yahagaritse ingendo zose zijya muri Israel, ndetse
isaba abaturage bayo kwirinda gusura icyo gihugu bitewe n’intambara ikomeje gukara
hagati ya Iran na Israel.
Ishami
ry’Ububanyi n’Amahanga n’Iterambere ry’u Bwongereza (FCDO) ryatangaje ko ibyago
by’ibitero muri Israel biri hejuru cyane, bityo abongereza basabwa
kudakandagira muri icyo gihugu kugeza igihe umutekano uzaba wagarutse.
Nk’uko
byatangajwe, umwuka mubi hagati ya Iran na Israel umaze gufata indi ntera, aho
ibihugu byombi bimaze iminsi bigabana ibitero bikomeye harimo indege zitagira
abapilote, ibisasu bya misile ndetse n’ibitero ku nganda n’ibibuga by’indege.
Amwe mu
mijyi yagarutsweho nk’ashobora kugabwaho ibitero igihe icyo ari cyo cyose
harimo Tel Aviv, Haifa na Jerusalem. Abaturage b’u Bwongereza bari muri Israel
basabwe gukomeza kuba maso no gukurikirana amakuru atangwa n’ambasade
y’Ubwongereza.
FCDO
yatangaje ko hari gutegurwa uburyo bwo gufasha abaturage bayo kuva muri Israel
hakoreshejwe ingendo zihutirwa, by’umwihariko ku bana, abagore batwite
n’abasheshe akanguhe.
Iki cyemezo cy’u Bwongereza cyateje impaka nyinshi ku rwego mpuzamahanga kuko kiri kugira ingaruka ku bantu ibihumbi bisanzwe basura Israel buri mwaka. Hari impungenge ko ibindi bihugu bikomeye nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada, n’u Bufaransa bishobora gukurikira bigahagarika ingendo z’abaturage babyo muri Israel.
Hari kandi
impungenge ko iyi ntambara ishobora gukwira no mu bindi bice byo mu
Burasirazuba bwo hagati, igatera ihungabana ku mutekano n’ubukungu bw’akarere ndetse
n’isi yose muri rusange.
Post a Comment