Guardiola yagize atia: " uyu ni umukino w'ingenzi cyane . Dukeneye abafana bacu ngo badushyigikire, ngo batange ingufu zose bafite kuko turimo kurwana intambara ikomeye"
yashimye cyane imikinire ya Aston Villa , anavuga ko ari ikipe ikomeye cyane ifite abakinnyi bafite umuvuduko , imbaraga, n'ubushobozi bwo guhangana ku rwego rwo hejuru , by'umwihariko nyuma yo gutsinda Paris Saint-Germain muri 1/4 cya Champions league
Imyiteguro y'amakipe n'abakinnyi Bashya
Guardiola yanashimiye umukinnyi muto nico o Reilly w'imyaka 20 , wakinnye neza mu mukino wa Everton , aho yatsinze igitego . yavuze ko uyu musore afite impano ikomeye ariko akeneye gukura no kwitoza kugirango arusheho gutanga umusaruro.
kubijyanye no kugura abakinnyi , Guardiola yavuze ko nta gahunda bafite yo kongera kugura abandi kuko mu kwezi kwa Mutarama bamaze kugura abakinnyi babiri bugarira yongeraho ko jeremy doku azabona amahirwe menshi yo gukina mu mikino iri imbere.
Mu bindi yaragutseho yavuze ko manchester city yicuza kuba yararekuye Morgan Rogers, ubu ari gukinira Aston Villa aho amaze gutsinda ibitego 14 no gutanga imipira 13 yavuyemo ibitego muri uyu mwaka w'imikino
Igihe cy'umukino
Umukino utegerejwe na benshi uzaba ku wa gatatu taliki ya 23 mata 2025 kuri Etihad stadium 9PM n'umukino ushobora kugena ikipe azabona itike ya champions league , bityo ukaba ari uwingenzi ku makipe yombi manchestetr city na Aston Villa
Post a Comment